UBUTUMWA
KU BANYARWANDA
His Maiden Servant J. Joy
Kuwa
13/5/2014 nibwo nahawe uburenganzira bwo gutangaza ubutumwa nahawe n’Uwiteka
Imana bugenewe abanyarwanda aho baherereye hose, ndetse n’abantu b’isi
yose. Ubwo nari mw’iyerekwa nabwiwe ko
igihe ari iki Imana Imbwira ko “ubuhanuzi
bwicaye ku ntebe”. Baca umugani mu Kinyarwanda ngo “ Ukuri guca mu ziko
ntigushya!”
Ntabwo
arijye wambere kandi sindi nuwa nyuma utanze ubutumwa yahawe n’Imana. Nabwiwe
ko mbere yanjye hari abavuze nkibyo mugiye kumva, nuko icyo gihe ndi
mw’iyerekwa mpabwa ubutumwa ngiye kubagezaho hari mu mwaka 2008, mbwirwa ko
ngomba gukomeza gusenga, nsengera igihugu n’abanyarwanda kugeza igihe nzaherwa
uburenganzira bwo kubitangaza.
Nakomeje
gutegereza nsenga, igihe kigeze ntangira guhabwa ubuhanuzi ku igihugu cy’U
Rwanda mubulyo burambuye. Uwiteka Imana yantumye ku Banyarwanda bose,
kubabwira ibibazo byugarije igihugu cyu Rwanda. Nabwiwe ko ibyo bibazo bitewe n’ibi bikurikira
:
1.
Kudatinya
Imana: (bigaragara mubuzima bw’Umwami Nebukadinezari)
Dore
bimwe mubikongeje uburakari bw’Uwiteka Imana:
·
Kumena amaraso
· Ikinyoma cyicajwe kuntebe
· Ubusharire bwo mu mutima
· Kutababarira
· Kwihorera
· Urwangano
· Akarengane
· Kwikubira
· kwanga kumva ukuri
· Kwanga kwatura ukuri
· Kwibagirwa vuba
· Ikinyoma cyicajwe kuntebe
· Ubusharire bwo mu mutima
· Kutababarira
· Kwihorera
· Urwangano
· Akarengane
· Kwikubira
· kwanga kumva ukuri
· Kwanga kwatura ukuri
· Kwibagirwa vuba
2.
Kwiyambika
icyubahiro cy’Imana (bigaragara mubuzima bw’Umwami Herode)
Nabwiwe
ko intambara y’1994 nta bwoko na bumwe itashegeshe. Mu gihe twanyuraga muri biriya
bihe bikomeye benshi twasezeranyije Imana ibintu byinshi tuzakora niturokoka,
ariko habaye agahenge benshi barabyibagiwe. Bati: “amahoro araje!”. Nuko
mugihugu hatangira ubuzima bwa buri munsi. Bamwe barizihiwe ndetse bagera n’aho
basinda ayo mahoro, mu gihe abandi batasinziraga, bisa nkaho intambara itigeze
ihagarara kuri bo. Mbwirwako “Imana
Itigeze idukuraho ijisho”.
Mbaza
Uwiteka Imana nti: “Tubigize dute?”.
Nsubizwako “Imana yohereje Ubutumwa bwayo ibunyujije ku bakozi bayo benshi
kandi batandukanye kugirango baburire abayobozi n’abayoborwa, kandi mbwirwa ko Ubutumwa
bwasohojwe kuri buri muntu wese wagombaga kubwirwa. Nyamara ngo benshi mu
bagombaga kugira icyo bakora ku kibazo cy’ U Rwanda bavuniye ibiti mu matwi.
Zimwe
mumpamvu nabwiwe zatumye batumvira ni izi zikurikira:
·
Imitungo bigwijeho
· Inyungu bwite ziva ku myanya y’ubuyobozi
· Kwanga kumva Ubutumwa bw’ibyo IMANA Ibatumyeho bavuga ngo mu Rwanda ni AMAHORO!
· Habuze no gushyira mu gaciro.
· Inyungu bwite ziva ku myanya y’ubuyobozi
· Kwanga kumva Ubutumwa bw’ibyo IMANA Ibatumyeho bavuga ngo mu Rwanda ni AMAHORO!
· Habuze no gushyira mu gaciro.
Ibi mvuze
haruguru akaba ari nabyo bigiye gutuma ibihano bikomeye bigiye kugwira
abanyarwanda, kandi ntacyo twabikoraho kuko igihe cyo kwikosora cyaturenganye.
Imana
yakomeje imbwira ko Yabaye umuhamya w’ibyabaye n’ibikomeje kuba kubanyarwanda.
Kandi ngo abemeye kuba ibikoresho ku mpande zombi, ngo ishyano rirabagwiriye. Nerekwa ingaruka
z’ibyo navuze hejuru arizo zizi:
·
Gusubiranamo
· Itotezwa rikomeye
· Guhunga igihugu
· Ubwicanyi buvusha amaraso
· Ubwicanyi bukomotse k’ Uburozi buhanitse
· Inzara
· Intambara zo hanze y’igihugu
· Intambara mu gihugu
· Itotezwa rikomeye
· Guhunga igihugu
· Ubwicanyi buvusha amaraso
· Ubwicanyi bukomotse k’ Uburozi buhanitse
· Inzara
· Intambara zo hanze y’igihugu
· Intambara mu gihugu
Ikitonderwa:
Aha nongeye kubwirwa ko intambara u Rwanda ruri gushoza mu bihugu bihana narwo
imbibi ndetse nibiri kure yarwo, ko izo ntambara ari zo zitumye uwari wicaye ku
ntebe ayikurwaho n’Uwiteka Imana. Kandi ngo imigambi ye yamaze gutahurwa
n’abamwizeye bakamukurikira, mbona habayeho ihitanwa ritunguranye rikozwe numwe
mu bamwegereye. Ngo ntakabuza kuko yitabye Uwamuremye. Uwiteka Imana ngo niwe
ubikoze. Nuko urwe ngo ruciwe nk’ urwa
Yuda Iscariot. Bavandimwe bana b’u
Rwanda turi mu bihe nkiby’ Umuhanuzi Yeremiya.
Dore ibisobanuro nahawe:
Gusubiranamo: Imana
yanyeretse ko hazabaho gusubiranamo kw’abari k’ubutegetsi, n’urwikekwe, kandi
ko abayobozi bananiwe gukora inshingano
zabo zo kugira inama no kunganira ubakuriye. Ngo ibyabo byabaye nkiby’abidishyi.
Neretswe benshi ko bagiye gukoreshwa
amahano (amaraso ku biganza byabo) .Kandi ko benshi bazatwarwa n’ipfu zitunguranye
kandi zitandukanye ndetse no gukwirwa
imishwaro, kubera ko banze kubwira
abanyarwanda ndetse n’amahanga ukuri bazi kubyabaye kandi banahagazeho.
Guhunga igihugu: Kandi
mbwirwa ko kubera ubwoba, akarengane no kutisanzura, haba mu buzima
bw’imiryango cyangwa mu mirimo isanzwe; ko abanyarwanda mu nzego zitandukanye,
abayobozi n’abayoborwa bazahunga igihugu.
Ubwicanyi buvusha amaraso: Nabwiwe
ko imivu y’amaraso y’abana bu Rwanda itigeze ihagarara gutemba, kandi mbwirwa ko
uretse mu gihugu imbere ko no hanze yacyo amaraso yakomeje kumeneka. Hakomeje
kubaho itotezwa rikomeye cyane kugeza
magingo aya.
Ubwicanyi bukomotse k’Uburozi
buhanitse: Nabwiwe ko uburozi ari intwaro izakoreshwa cyane ku bantu
benshi cyane cyane abari hanze, kuko nta nkurikizi. Kandi mbwirwa ko
abanyarwanda bari hanze bamaze kwinjirwamo mu buryo ntawushobora kumenya
ukoreshwa cyangwa udakoreshwa.
Inzara: Uwiteka aravuga
ngo benshi barimo baricwa n’inzara kandi imiborogo yabo yageze ku Mana mu gihe
abandi bahunika ibigega bikanasaga. Aha mbwirwa ko byinshi mubyahinduwe huti
huti, aribyo biteje inzara.
Intambara hanze y’igihugu: Izi
ntambara neretswe ko hari intambara zizava mu gihugu zerekeza hanze y’imipaka
yacyo kandi zigahitana benshi.Nuko mbwirwako abantu bagomba kwitonda cyane mu
mibereho yabo ya buri munsi kuko hanze
y’igihugu naho hatangatanzwe. Ariko
mbwirwa ko igihe kigeze amahanga atahuye ukuri kose.
Intambara mu gihugu: Mw’iryo
yerekwa nagiye kubona mbona ndimo kwirukanka mpunga intambara yatangiye! Nuko
mbwirwa ko nubwo niruka ntaho kwihisha
hahari. Ko Imana yonyine izakiza uwo Izashaka ko akira.Ngo ibyabaye byisubiyemo!
Mbwirwa ko intambara ije kandi ituguye gitumo,numva ijwi ryiyamira ngo: “abantu barahungira he, iyi ntambara
barayikizwa nande? Ko umwuka w’intambara uhagurutse”. Ijoro ryaraguye mbona
indege ndende z’ intambara zihagurukiye
mu kerekezo k’i kanombe zirasa hasi yazo zuzuye ikirere cy’umurwa mukuru, mu
gihe cy’urukerera aho umuntu abasha kureba mbona nta kintu gisigaye gihagaze yewe habe n’amazu,
kandi hacecetse cyane. Ndabaza nti: ibi bishobotse bite? Ndasubizwa ngo: “Izo ndege nizo mu rwego ruhanitse baha
gahunda zikurikiza bijyanye ni icyerekezo bazoherejemo”.
Ibyo
birangiye mbona ingabo z’abanyarwanda zari zoherejwe mu mirwano yo hanze
y’igihugu zirambitse intwaro hasi zigaruka zikoreye amaboko kuko zitunguwe no
kumva ibibaye kubo zasize mu gihugu.
Hari
imiborogo myinshi, imivu y’amaraso yatembaga ntabwo nigeze kuyibonaho cyangwa
kuyumva, haba no muyandi mahanga! Nuko ndongera mbwirwako yaba abayobora cyangwa
abayoborwa bose ko ishyano ritugwiriye. Kandi mbwirwako nta gihugu
cy’abaturanyi kizemera kwakira impunzi kubera ibyo bazaba babonye bibateye
ubwoba nabo, numvango imipaka yose irafunzwe.
Kandi
mbwirwa ko abanyarwanda aho bari mu mahanga bazahabwa akato agahe gato, kubera
ubwicanyi buzaba bwakongejwe ahantu hose, kuburyo hagati yabo batazaba
bakizerana. Nuko mbwirwa yuko ibigiye kuba ku Gihugu cy’U Rwanda bizaba isomo
ku ibihugu by’isi yose. Ariko ko kuri iyi ncuro icyubahiro kizaba icy’ Uwiteka Imana
wenyine.
Nuko
nerekwa birangiye mbona umuryango w’abibumbye n’abakuru b’ibihugu byinshi baje
bahagurukiye gutabara no gufasha abanyarwanda gusubiza ibintu mu buryo. Nyuma yaho
mbona abantu bongeye guseka, abari hanze barataha, mbona babanye neza cyane
n’abarokotse. Nuko numva ngo Abatwa, Abatutsi, Abahutu ndetse n’Abavanze bose ni
abana b’u Rwanda kandi ko bakwiriye kubana neza, Uwiteka ati: “ntihazongera kubaho ivangura ukundi”.
Nuko mbona habayeho ubutabera kuri bose,haba urukundo nyakuri n’amahoro, habaho
ihinduka ry’ibintu byinshi. Nkaba narabwiwe ko igihe nikigera Uwiteka azatumenyesha
uko bizagenda.
Yaje
kurangiza anyereka abo yise Abacunguzi ngo barwana intambara yera, nuko numva
ijwi rimbwira ngo “Uwiteka abakingiye ikibaba, mbwirwako bamanukiye gutabara
igihugu cy’u Rwanda, kandi kabuza amahoro azagaruka kuko Imana ariyo izaba
ibiyoboreye”. Ibyo ngo azaba abikoze kubw’amasengesho no gutakambira Imana
kw’abana b’u Rwanda.
Arambwira
ati: “Andika ibi nkubwiye, wandikire abanyarwanda aho bari hose mw’isi ko
basabwe kwiyeza bagafura amakanzu yabo yera kandi bakayambara”. Aha bishatse kuvuga kwihana tukinginga Imana
kubwacu n’ab’imiryango yacu ndetse nibutswa n’abari mu bihome ikatubabarira kubw’ibyakozwe mu gihugu cy’U
Rwanda no hanze yacyo. Kuko ibibazo by’U Rwanda ni hagati y’Umwuka w’Imana na
satani, ntabwo ari umubiri n’amaraso. Ariko ko ishyano rigwiriye uzemera
gukoreshwa wese! Ibyabaye 1994 bitubere isomo.
Akaba
ariyo mpamvu tugomba gusaba Imana imbabazi kuko benshi muri twe utarafashe
umupanga yafashe agafuni, utarafashe ubuhiri yafashe imbunda, utarafashe
intwaro y’ibitekerezo yafashe iy’ururimi.
Bavandimwe
imbere y’Imana twese turi abanyarwanda (Abatwa,Abatutsi,Abahutu n’Abavanze)
kandi yaratwiremeye. Hera kuri ibyo mvuze haruguru maze wisuzume mu mutima
wawe, utagombye kuvugisha mugenzi wawe, saba Imana ikubabarire kubwawe no
kubw’abavandimwe b’abanyarwanda.
Ibi
byaha ntidukwiriye kubigereka kubayobozi gusa; aha ndavuga guhera ku ngoma za
cyami kugeza ubu, kuko buri wese afite ubwenge yahawe n’Imana, kwanga ikibi
akimika ikiza, kandi agahitamo kuvuga ukuri naho byavamo kukuzira. Aha
yansobanuriye ko aho ibintu bigeze abantu bakwiye kuvuga ukuri kugirango
amahanga asobanukirwe bizabafashe uko bafasha abanyarwanda.
Kwihana
Imana idusaba ni uguhera mu gihe cy’abami kuko ibidukurikirana bigenda
byisubiramo. Kandi akaba nta gihe bitazabaho mu gihe tutari twemera ukuri
kw’amateka yacu.
Nk’abanyarwanda
turagomba gusaba Imana kutubabarira ibyaha abakurambere batwinjijemo byo kwimika izindi Mana, akaba
aribyo bituma tujya kubona ibyiza, ibibi bikabimira. Umwanzi wacu ni umwe ni
satani sekibi. Irondakoko ni satani, gusahura ni satani, guhora ni satani,
kwica ni satani, kutababarira ni satani... Uwo niwe mwanzi dufite kandi
mbibutse ko satani akoresha abantu nkuko Imana ikoresha abantu.
Niyo
mpamvu Imana idusaba kwihana no gusabana imbabazi n’abo dufitanye agatotsi. Kandi
Imana iyo itanze ubuhanuzi, si ukugirango idutere ubwoba ahubwo ni ukugirango
tumenye ibiri imbere hanyuma tumenye nuko tubyitwaramo. Kuko Imana abo Ikunda
Irabacyaha.
Umaze
gusoma ubu butumwa ukisuzuma, erekeza umutima wawe ku Mana maze umubwire uti: “Mwami
YESU Kristu mbabarira ibyaha byanjye, ngwino mu mutima wajye unyezeshe amaraso
yawe, unyandike mu gitabo cy’ubugingo. Amen.”
Ubu
butumwa mbutanze uko nabuhawe n’Umwami wacu YESU Kristu.
Mbifurije
amahoro y’ Imana, Umwami YESU Ahabwe icyubahiro Amen.
Uwanze kumva yumvira ijeri
ReplyDeleteNi byiza kumvira Imana tutabibwirijwe n'ubuhanuzi ahubwo tubibwirijwe no gutinya Imana nyine. Bidukundiye tukayitinya, ayo marangamutima ajyanye n'ubwoko, kutababarira, n'ibindi bisa nabyo ntiyadutegeka.Cyane cyane biradusaba gushishoza tukirinda kumva ko abadushuka bakatugira ibikoresho byo kutumvikana aribo ba Kamara. Burya nabo ntacyo baricyo imbere y'Imana. Bikomeza kudushuka rero. Murakoze.
ReplyDeleteNi byiza kumvira Imana tutabibwirijwe n'ubuhanuzi ahubwo tubibwirijwe no gutinya Imana nyine. Bidukundiye tukayitinya, ayo marangamutima ajyanye n'ubwoko, kutababarira, n'ibindi bisa nabyo ntiyadutegeka.Cyane cyane biradusaba gushishoza tukirinda kumva ko abadushuka bakatugira ibikoresho byo kutumvikana aribo ba Kamara. Burya nabo ntacyo baricyo imbere y'Imana. Bikomeza kudushuka rero. Murakoze.
ReplyDelete